Indirimbo za Kizito Mihigo zashyizwe mu kato n'itangazamakuru rya Leta
Ibitangazamakuru bya RBA bivugwa aha ni Televiziyo y'u Rwanda cyo kimwe na Radio Rwanda n'amashami yayo yose ari yo Magic FM, Radio Rwanda-Inteko, RC Huye, RC Nyagatare, RC Musanze, RC Rubavu na RC Rusizi.
Umuyobozi wa RBA, Arthur Assimwe, amaze kubwira BBC Gahuzamiryango ko RBA idashobora guha umwanya umuntu nka Kizito ukekwaho kugira uruhare mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w'igihugu kandi nawe akaba abyiyemerera.
Kizito w'imyaka 32 y'amavuko, ari mu itsinda ry'abantu bane baherutse gutabwa muri yombi na Polisi bakekwaho gukorana n'imitwe irwanya Leta y'u Rwanda, FDLR na RNC.
Kizito, umuyobozi wa Radio Amazing Grace Cassien Ntamuhanga, umudemobe witwa Dukuzumuremyi Jean Paul n'umudamu witwa Niyibizi Agnes, bemeye ibyo baregwa imbere y'itangazamakuru.
Bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo gushaka kwivugana abagize Guverinoma y'u Rwanda.
Comments
Post a Comment